Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: TDB yatanze Miliyoni 14 $ yo kwagura ibitaro byitiriwe umwami Faisal
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukunguUncategorized

TDB yatanze Miliyoni 14 $ yo kwagura ibitaro byitiriwe umwami Faisal

Inzira
Yanditswe 17/05/2021
Share
SHARE

Ibitaro byitiriwe umwami Faisal byishimiye ko byabonye inkunga ya Miliyoni 14 $ azifashishwa mu gushyira mu bikorwa umushinga munini wo kwagura ibyo bitaro hagamijwe kurushaho kunoza imitangire ya serivisi ku bubigana.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 17 Gicurasi 2021, Banki itsura Amajyambere n’Ubucuruzi mu Burasirazuba n’Amajyepfo bya Afurika (TDB) yatanze ayo mafaranga yavuze ko igice kigiye kubakwa ari icyakirirwamo abarwayi bivuza bataha.

Impande zemeranyije ko ahazagurirwa ibyo bitaro hazubakwa ivuriro rifite ibyumba by’isuzumiro bigera kuri 45 kandi ngo ibikoresho bikenerwa muri iyo serivise bizakubwa kabiri kugira ngo abahagana bahabwe serivise bisanzuye.

Admassu Tadesse, Umuyobozi Mukuru wa TDB, yemeza koi bi bitaro nibimara kwagurwa bizarushaho gutanga serivise nziza ku banyarwanda n’abanyamahanga babyifashisha igihe barwaye.

Ibi bitaro byitiriwe umwami Faisal byari bisanzwe bifite gahunda yo kurushaho kunoza imitangire ya serivise ikarushaho kujyanishwa n’igihe, uyu musanzu w’iyi banki ukaba ugiye kubibafashamo nk’umuyobozi Mukuru wabyo Prof Miliard Derbew yabitangaje.

Ati “uje mu gihe intego nyamukuru y’Ibitaro ari ukuzamura uburyo bwo kwita ku murwayi bujyanye n’igihe.”

Uretse kubaka igice cy’abavurwa bataha, biteganyijwe ko ayo mafaranga azifashishwa mu kongera kunoza ahakorerwa ubushakashatsi, umuyoboro ugeza amashanyarazi ku bitaro, ibyuma bikikije inzira zizamuka mu nyubako, serivisi z’ubwishingizi mu kwivuza, amarembo makuru y’ibitaro, n’ibindi.

Inzira 17/05/2021 17/05/2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?