Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 20 byagejeje amashanyarazi ku baturage benshi
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 20 byagejeje amashanyarazi ku baturage benshi

Inzira
Yanditswe 11/07/2021
Share
SHARE

U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 20 bya mbere byagejeje amashanyarazi ku baturage benshi kuva mu 2010 kugeza mu 2019, aho rwagiye ruzamukaho 3,1% buri mwaka.

Iyi raporo izwi nka Energy Progress Report yakozwe n’ibigo bitandukanye birimo Banki y’Isi, Ikigo Mpuzamahanga cyita ku Ngufu (IEA), Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibarurishamibare, UNSD, iryita ku Buzima, OMS, ndetse n’Ikigo Mpuzamahanga cyita ku Ngufu z’imirasire, IRENA.

Yakozwe hagamijwe kureba aho Isi igeze mu kugeza abaturage ku ntego ya 7 y’iterambere rirambye, SDG7, yo kugeza umuriro w’amashanyarazi ku batuye Isi bose bitarenze 2030.

Muri iyi raporo, hagaragajwe ko mu 2019 rwagejeje umuriro ku baturarwanda ku rugero rwa 38% ruvuye kuri 35% rwari rufite mu 2018.

Iyo raporo igira ati “Hagati ya 2010 na 2019, icya kabiri cy’ibihugu 20 bifite umuriro w’amashanyarazi muke byabashije kuwongera buri mwaka ku rugero rurenze urwari ruteganyijwe ku Isi. Naho kuva mu 2017 kugeza mu 2019, ibihugu birimo u Rwanda, Uganda Tanzania, Liberia, Guinea-Bissau na Guinea byongereye umuriro ku rugero ruruta urw’ubwiyongere bw’abaturage.”

Magingo aya abaturage bamaze kugezwaho amashanyarazi mu Rwanda bageze kuri 65%, barimo 17,8% bafite akomoka ku mirasire y’izuba.

Hagati aho ariko Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje ko mu mwaka wa 2024 buri munyarwanda azaba agerwaho n’amashanyarazi, yaba akomoka mu muyoboro mugari, akomoka ku mirasire y’izuba, Nyiramugengeri cyangwa Gaz methane ikomoka mu kiyaga cya Kivu.

Amashanyarazi ni kimwe mu bikorwaremezo by’ingenzi cyane mu iterambere ry’abaturage, kuko aho yageze abaturage bava mu bwigunge, bakihangira imirimo yihutisha izamuka ry’ubukungu.

Inzira 11/07/2021 11/07/2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?