Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Abatubuzi b’imbuto muri Afurika basabwe guteza imbere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ubuhinziubukungu

Abatubuzi b’imbuto muri Afurika basabwe guteza imbere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera

Nkurunziza Jean Baptiste
Yanditswe 06/03/2025
Share
Abanyarwanda benshi biganje mu buhinzi
SHARE

Abatubuzi b’imbuto z’ibihingwa binyuranye baturutse mu bihugu bya Afurika no hanze yayo, basabwe guteza imbere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera mu rwego rwo kubyaza umusaruro ubutaka buhingwa bwose kuri uyu mugabane.

Ni mu nama y’iminsi itatu iri kubera i Kigali, ahahuriye abahanga mu butubuzi bw’imbuto z’ibihingwa basaga 300, barimo kumurika ubwoko bw’izakorewe ubushakashatsi zigahabwa abahinzi mu bihugu bakoreramo.

Yahuje abatubura imbuto z’avoka, ibigori n’imboga muri Zambia, mu Buhinde no mu Rwanda.

Umwe muri bo yagize ati “Iwacu muri Zambia dukorana n’abahinzi ibihumbi 290, tubaha inguzanyo z’imbuto nyuma bakaziduhingira tukabagurira ku giciro cyiza undi wese atabaheraho. Hari amahirwe menshi muri Afurika kuko bifuza byinshi bakohereza ku masoko y’i Burayi.”

Ku isi 25% by’amafaranga yinjizwa n’umusaruro w’ubuhinzi buri mwaka bishorwa mu bushakashatsi bw’imbuto nziza, kugira ngo hongerwe umusaruro n’umuti urwanya ibyonnyi mu rwego rwo kugira ubuhinzi bwihanganira ihindagurika ry’ikirere.

Mu Rwanda amafaranga asaga miliyari 5 leta yatumizagamo imbuto z’ibigori, soya n’ingano, asigaye ahabwa abatubuzi b’imbuto imbere mu gihugu bakazituburira abaturage bazihabwa kuri nkunganire.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Eric Rwigamba, yavuze ko u Rwanda rushyira imbaraga mu bushakashatsi bw’imbuto zirimo n’izihanganira ihundagurika ry’ibihe.

Ati“ Tugomba kuzamura urwego rw’ubushakashatsi, ndetse tukongera ikigero cy’imari dushyiramo. imbogamizi zituruka ku ihindagurika ry’ikirere zidusaba kongera imari mu buhinzi bityo tugashyira uburyo bushya mu buhinzi kandi ubwo buryo bugakomeza guhabwa agaciro”.

Muri 2021 byagaragaye ko 65% by’ubutaka bwa Afurika buhingwa bwari bwaragundutse, hakaba hakenewe miliyari 65 z’amadorali kugira ngo bwongere burumbuke.

Abatubura imbuto muri Afurika basabwe ubufatanye

Angelique MUKESHIMANA

Nkurunziza Jean Baptiste 06/03/2025 06/03/2025
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?