Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Gisagara: Umuhinzi mworozi w’umwuga yacitse ku kujenjeka bimusiga ifaranga
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Rwiyemezamirimo

Gisagara: Umuhinzi mworozi w’umwuga yacitse ku kujenjeka bimusiga ifaranga

INZIRA EDITOR
Yanditswe 22/06/2024
Share
SHARE

Rwiyemezamirimo Nshimiyimana Alexandre utuye mu murenge wa Musha, akarere ka Gisagara ahamya ko kwiyegurira umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi atajenjetse byamugejeje ku iterambere yifuzaga.

Aganira na INZIRA, Nshimiyimana Alexandre yavuze ko ibyo amaze kugera byamusabye igihe akora cyane, aho yahinze urutoki ndetse akiyemeza no korora amafi n’inkoko none imyaka ikaba ibaye icumi ari umuhinzi mworozi w’umwuga. Gusa byose akaba abikesha gukora adacika integer cyangwa ngo anyoterwe n’inyungu zihuse.

Avuga ko yatangiye umwuga wo guhinga urutoki mu mwaka wa 2006 aho igitekerezo cyaturutse mu kureba ibikenewe ku isoko no kuba mu karere ka Gisagara hari uruganda rutunganya umusaruro w’ubuhinzi bw’urutoki.

Ati “Mu buhinzi bwanjye bw’urutoki nashoyemo asaga Miliyoni 28 Frw kubera ko wari umushinga mugari urimo gahunda yo kuhira no kongera ubuso, aho naguze imashini izamura amazi, nkora icyuzikizamfasha mu kuhira, n’ibindi bikorwa birimo kugura amatiyo, guhemba abakozi, kubaka ibigega bifata amazi n’ibindi bikorwa. Ibyo byose ndabikora nyuma bigaraga ko amafaranga ari make ndongera nguza izindi Miliyoni 7 Frw byose hamwe bigera muri Miliyoni 35 Frw.”

Kugeza ubu yinjiye no mu bworozi bw’amafi

Nshimiyimana Alexandre akorera ubuhinzi bw’urutoki kuri hegitari 3.5 ndetse muri uyu mwaka wa 2024 yitezemo umusaruro wa Miliyoni 6 Frw, umusaruro avuga ko awukesha gukora cyane no kwiyemeza.

Avuga ko yinjiye mu bworozi bw’amafi nyuma yo kubona ko mu Rwanda ubworozi bw’amafi bukiri hasi, ndetse we akabona afite aho kuyororera, aho kuri ubu afite ibyuzi by’amafi 6 ndetse mu gihe cya vuba araba yatangiye gusarura.

Yakomeje agira ati “Gutunganya ibyuzi byo kororeramo amafi byantwaye agera kuri Miliyoni 9 Frw, ubu harimo amafi agera ku bihumbi 10. Gusa ntabwo ndatangira kuyaroba nakura neza byibura ifi imwe izaba ipima hagati y’inusu ni kiro, aho niteze gusaruramo toni zigera muri eshanu.”

Yoroye inkoko zisaga ibihumbi 2000

Nshimiyimana akora n’umushunga w’ubworozi bw’inkoko, aho agurisha imishwi imaze ukwezi  ndetse byaba ngombwa akagira izo akuza zigatera amagi.

Ati “Ubworozi bw’inkoko mbutangira nahereye ku nkoko 70 mu rwego rwo kugerageza ngo ndebe niba umushinga uzagenda neza, mbonye ntakibazo mfata umwanzuro wo kwinjira mu bworozi bw’inkoko  nkorana   n’umushinga ukwirakwiza  inkoko za saso   ubwo ntagira korora inkoko.”

Kugeza ubu yoroye inkoko zigera hafi ku bihumbi 2,000.

Nshimiyimana Alexandre agira inama cyane cyane urubyiruko gukora ubworozi bw’inkoko, gutinyuka bagashora kandi bakegera aho ibikorwa by’ubworozi bikorerwa bakiga uko bikorwa.

Yongera gusaba abantu kuva mu buhinzi n’ubworozi bwa gakondo bakegera impuguke ndetse n’abakora nk’ibyo bakora bateye intambwe iri hejuru kugira ngo bamenye uko bakora ubuhinzi n’ubworozi kinyamwuga.

Kuri we, hari inyungu yakuye mu buhinzi n’ubworozi harimo hegitari  zigera kuri eshanu z’ubutaka ahingamo urutoki, kwishyurira abana amashuri, kuko afite umwana warangije Kaminuza ndetse yiyubakiye n’inzu  yo kubamo, intego afite aka ariyo gukomeza kwagura ibikorwa bye.

Nshimiyimana Alexandre ntakangwa n’izuba kuko yuhira
Ubuhinzi n’ubworozi bwamutuje heza
Afasha abantu kubona imishwi y’inkoko byoroshye

TUYISHIME Olive/INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 22/06/2024 22/06/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?