Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Icyizere gike bagirirwa kiracyazitiye iterambere ry’urubyiruko
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Rwiyemezamirimo

Icyizere gike bagirirwa kiracyazitiye iterambere ry’urubyiruko

INZIRA EDITOR
Yanditswe 26/06/2024
Share
SHARE

Rumwe mu rubyiruko rugaragaza ko rugifite imbogamizi zituma iterambere ryarwo ritihuta nko kuba batagirirwa icyizere ndetse na bamwe muri bo ntibizerere mu bushobozi bwabo.

Icyizere gike kigirirwa urubyiruko mu gukora imirimo imwe n’imwe itandukanye biracyari inzitizi kuri bamwe, aho guhabwa akazi cyangwa igishoro ku rubyiruko usanga benshi babigiramo amakenga bitewe nuko   ntaho ruba rwakageze mu bumenyi bwo gukora iyo myuga, ibituma benshi bakomeza gusigara inyuma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ihuriro rifasha urubyiruko RYOF (Rwanda Youth Organization Forum) Mutangana Kabera, avuga ko kugira ngo imbogamizi zituma iterambere ry’urubyiruko ridindira zigabanuke hacyenewe gutegura abashaka gukora imishinga bihereye mu ntekerezo.

Ati “Dufite umushinga (Akazi kanoze) utegura abashaka gukora imishinga, batanga amahugurwa ku buryo umuntu ategura umushinga guhera mu ntekerezo, ku buryo azavamo umushoramari cyangwa rwiyemezamirimo mwiza.”

Mukunzi Sandrine, Umuhuzabikorwa mu muryango utegamiye kuri leta wo kuzigama ku rubyiruko, Save Generations Organization (SGO) we agaragaza ko hakiri ubumenyi buke mu kumenya aho amahirwe afasha urubyiruko aboneka.

Ati “Ubumenyi buke ku rubyiruko rumwe na rumwe ku bigendanye no kumenya aho amahirwe afasha urubyiruko aboneka, nayo ni imbogazi ituma urubyiruko rutigobotora ubukene. Niyo mpamvu duhamagarira urubyiruko kugira ubushake bwo kumenya aho babona amahirwe yabafasha kwikura mu bukene.”

Nshimiyimana Emmanuel, Umuyobozi w’Umuryango utanga ubujyanama ku rubyiruko, yavuze ko mu byo bakora harimo guhuza urubyiruko rwiteje imbere n’abakiri hasi, kugira ngo abakishakisha berekwe uburyo  bakora imishinga yabo ndetse naho bakura urushoro n’uburyo  bakora bakabasha kwiteza imbere nk’abandi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ihuriro rifasha urubyiruko RYOF, Mutangana Kabera, yongeye kwibutsa urubyiruko kwigira kuri bagenzi babo bateye intambwe igaragara ndetse bakabigiraho uko bahera kuri bike bakagera kure.

Yagize ati “Urubyiruko ruragirwa inama yo kwegera aho ibikorwa bimwe n’abimwe bikorerwa kugira ngo bongere ubumenyi cyangwa se niba hari n’igishoro babonye bamenye uko bakibyaza umusaruro mu buryo bwiza barebere ku  ibyo  abandi bagezeho.”

Rwanda Youth Organization Forum (RYOF) ni ihuriro rigizwe n’imiryango 34 ifasha Urubyiruko kugira ubushake n’ ubushobozi bubafasha kwikura mu bukene no gutera imbere ndetse no guhanga imirimo.

Ubushakashatsi bwerekana ko 16% by’urubyiruko nta kazi bafite ndetse na 64% by’abagafite ntigafatika cg kakaba ak’igihe gito.

Ibarura rusange rya 2022 bigaragaza ko abafite imyaka iri hagati ya 16 na 30 ari 3.595.670, barimo abagabo 1.767.063 n’abagore 1.828.607.

Umubare w’Abaturarwanda ugizwe n’abarenga 65,3% bari mu cyiciro cy’urubyiruko by’umwihariko abari munsi y’imyaka 30, benshi barubonamo icyizere cyo gukomeza intambwe y’iterambere no kwigobotora ubukene.

Urubyiruko ntirugirirwa icyizere bigatuma badindira

TUYISHIME Olive/INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 26/06/2024 26/06/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?