Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Ikigo cy’u Rwanda cy’Imari n’imigabane cyabonye umuyobozi mushya
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ibigo by'Imari

Ikigo cy’u Rwanda cy’Imari n’imigabane cyabonye umuyobozi mushya

INZIRA EDITOR
Yanditswe 22/04/2024
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda cy’Imari n’Imigabane (Capital Market Authority) cyabonye umuyobozi mushya Thapelo Tsheole wari usanzwe ari umuyobozi mukuru w’ikigo cya Botswana gishinzwe imari n’imigabane.

Thapelo Tsheole wari uherutse kwakirwa na Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’Igihugu BNR, Soraya M. Hakuziyaremye, biteganyijwe ko mu minsi 30 aribwo azatangira imirimo ye, nyuma y’imyaka umunani yari amaze akora aka kazi muri Botswana.

Uyu munya Botswana Tsheole yari asanzwe anayobora Ishyirahamwe rihuza amasoko y’imari n’imigabane muri Afurika yibumbiye mu ihuriro ryiswe ASEA.

Thapelo Tsheole wahawe kuyobora Capital Market Authority Rwanda, CMA afite ubunararibonye bw’imyaka 20 muri uru rwego rw’imari n’imigabane. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ubumenyi rusange yakuye muri Kaminuza ya Botswana.

Tsheole afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bucuruzi mu bijyanye n’isoko ry’imari yakuye muri Kaminuza ya Rhodes yo muri Afurika y’Epfo. Afite ubumenyi kandi mu bushabitsi yakuye muri Kaminuza ya Cape Town n’aho ni muri Afurika y’Epfo.

Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda rikomeje gutera imbere kuko mu mwaka wa 2023 amafaranga yarinyuzemo mu bikorwa bitandukanye yageze kuri miliyari 500 Frw.

Kugeza ubu ririho ibigo 10 byarizanyeho imigabane yabyo, birimo bitanu byo mu Rwanda ndetse n’ibindi bitanu byo mu Karere ruherereyemo. Hakiyongeraho ibigo bibiri byashyize impapuro mpeshwamwenda kuri iri soko, agaciro kabyo kakiyongeraho n’impapuro mpeshwamwenda za Leta.

Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda ribarura agaciro ka miliyari $ 5 zirenga.

Thapelo Tsheole yagizwe umuyobozi wa Capital Market Authority Rwanda, CMA

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 22/04/2024 22/04/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?