Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Kandida Perezida Mpayimana yijeje kuzagabanya inyungu ku nguzanyo za Banki ikajya munsi ya 10%
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ibigo by'Imari

Kandida Perezida Mpayimana yijeje kuzagabanya inyungu ku nguzanyo za Banki ikajya munsi ya 10%

INZIRA EDITOR
Yanditswe 26/06/2024
Share
SHARE

Umukandida wigenga uri guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Musanze, yatangaje ko natorwa azagabanya inyungu ama banki yaka ku nguzanyo ikajya munsi ya 10% kuko iyi nyungu yakwa iremereye benshi mu banyarwanda.

Muri santire ya Byangangabo, akarere ka Musanze abaturage bitabiriye iki gikorwa ari benshi kugira ngo bumve imigabo n’imigambi y’uyu mukandida perezida wigenga, mu rwego rwo kuzabasha guhitamo uwo babona ukwiye kuyobora u Rwanda.

Mpayimana Philippe ushaka intebe y’umukuru w’Igihugu, yatangaje ko afite ingingo 50 azashyira mu bikorwa nibamugirira icyizere bakamutorera kuyobora u Rwanda.

Harimo ingingo yibanze ku zijyanye n’ubukungu, aho yavuze ko inguzanyo zo mu ma banki zifite inyungu yo hejuru ku buryo nibamutora inyungu ku nguzanyo izajya munsi ya 10%. Ndetse ngo azashyiraho uburyo bwo kurema imirimo myinshi.

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe kandi yiyamamarije mu Murenge wa Cyanika muri Santire ya Kidaho mu Karere ka Burera.

Aha mu karere ka Burera, Mpayimana Philippe mu migabo n’imigambi ye yibanze ku ngingo yo kuzafasha abaturage kubona amazi mu ngo zabo, guteza imbere umuryango cyane hubahirizwa uburenga bw’umugore n’umwana.

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe amaze kwiyamamariza mu Turere 8, afite intego yo kuzagera mu Turere twose tw’Igihugu abwira abaturage imigabo n’imigambi azabagezaho, nibaramuka bamutoreye kuyobora u Rwanda mu myaka 5 iri imbere.Amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki 15 Nyakanga ku Banyarwanda baba mu Gihugu, no ku wa 14 Nyakanga 2024 ku baba mu mahanga.

Mpayimana Philippe, azashyira inyungu ku nguzanyo ya banki munsi ya 10%
Abari baje kumva imigabo n’imigambi ya Mpayimana

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 26/06/2024 26/06/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?