Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Kigali: Guhera ku gishoro gito byababereye imbarutso y’ubukire
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Rwiyemezamirimo

Kigali: Guhera ku gishoro gito byababereye imbarutso y’ubukire

INZIRA EDITOR
Yanditswe 01/06/2024
Share
SHARE

Bamwe mu bakora imyuga itandukanye bmu karere ka Gasabo, umujyi wa Kigali  barahamya ko   igishoro   uko cyaba  kingana kose  cyatunga uwatinyutse gukora  kandi cyanamugeza ku iterambere.

Ibi byagarutsweho na bamwe mu bakora imyuga irimo gukora inkweto no kuboha imipira  ya Made in Rwanda,   bahamirije INZIRA .RW  ko batangiriye ku gishoro gito, ariko hari intambwe bamaze gutera  bitewe nuko batasusuguye igishoro gito bari bafite.

Gasigwa Charles  umaze imyaka irenga  20 mu mwuga wo gukora inkweto no gusana izisheje ,avuga ko yatangiriye ku gishoro kitageze ku bihumbi 10, 000 Frw  ariko uko imyaka yagiye yicuma ageze ku rwego rwo  gukora inkweto, ndetse ku munsi yinjiza    ibihumbi 7000 Frw, ku buryo ku kwezi y’ibarira umushahari w’ibihumbi 210,000 FRW.

Yagize  ati  “Ushobora kubona amafaranga ukayarya akarangira  ntacyo uyakoreshe ngo nuko ari make ibyo ni ukwibeshya, njyewe icyo nababwira nuko  urushoro ruto nahereyeho rwatumye mbaho ndetse n’umuryango wanjye  ubaho neza, kuko ntangira gukora si nitaye kuba mfite igishoro gike narebye gusa kucyo nshaka.”

Yakomeje  agira ati “ Utegereje ngo uzakora wabonye urushoro rwinshi ntabwo wazarubona, duke utangije ukamenya uko ukuraho ayo usigama  birafasha mu  kuzamuka  iterambere . ubu ndihirira abana ishuri, nk’abagaburira mbikuye muri aka kazi nkora ,kandi intego nukongera urwego ndiho.”

Yongeyeho ati “Ubu ndihirira abana amashuri ndetse mfite n’abashatse narabashingiye byose  byavuye  mu  kuba naragize umuhate wo gukora nubwo urushoro rwari rukeya, na none kandi ndashishikariza abaturarwanda bamwe n’abamwe bagitinya gukora ngo urushoro ni ruke bareke ubwoba bakore bizagenda neza, kuko kwicara ngo utegereje igishoro  kinini  ntaho kizava udakoze  kuko buhoro buhoro nirwo rugendo.”

Naho, Nzitukuze Francoise ukorera mu murenge wa Gisozi,akarere ka Gasabo akaba amaze imyaka igera ku 8 akora umwuga wo kudoda imipira, amakanzu n’ibindi. Ahamya ko  gutangirira ku gishoro gito byamuteye imbaraga zo gukora cyane kugeza ubwo ageze ku cyo yifuzaga cyo kwigurira imashi ye.

Ati  “Icya mbere n’ukwiremamo icyizere kuko iyo ufite icyizere byose birashoboka.  Natangiye  nkorera abandi ngenda nzigama make make ku yo nakoreraga, noneho nyuma nza kwigurira imashini idoda imipira  n’amakanzu   igura hafi ibihumbi 300,000frw, ntangira gutyo nubwo byari bigoye ndishimira ko uyu munsi hari intambwe maze gutera  mu kazi kanjye. Kugeza ubu kumunsi  iyo byagenze neza ninjiza agera ku bihumbi 10,000frw  ku buryo mu kwezi ngeza ku bihumbi birenga 280,000 Frw.”

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame mu ijambo rye ubwo  hizihizwaga isabukuru  y’imyaka 10 urubyiruko rw’abakorerabushake  rutanga umusanzu  ku iterambere ry’igihugu, yavuze ko  urubyiruko rugomba kumenya  agaciro karwo, ndetse bagateza imbere igihugu nabo ubwabo bakiteza imbere.

Ati  “Buri wese muri  mwe  n’abariya  batigirira icyizere . buriya hari ikikurimo, wakora,  watanga kugira ngo ugire amahirwe y’ibyo ukeneye, waba uraha waba utara cyangwa uri ahandi. Ndababwira nk’ubaruta  nanjye nabaye muto nkamwe, ibyo munyuramo natwe twabinyuzemo. Mufite ubushobozi bwo kubinyuramo nk’uko mubyifuza.”

Yakomeje avuga ko  uzahina akaboko ntakore bizamugiraho ingaruka  mu myaka yose izakurikiraho abereka ko  “gukora ari ubu, atari ejo.”

Perezida Kagame yeretse abakiri bato ko batagomba kuba umuzigo ku gihugu, ahubwo bagomba kuba ibisubizo ku gihugu cyabo.

Mu ntego u Rwanda rwihaye yo guhanga imirimo mishya  muri NST1  y’imyaka irindwi iri kugana ku musozo, ingana na  90% yarahanzwe, kuko hamaze guhagwa imirimo mishya  ingana na miliyoni 1.1.

U Rwanda rufite intego y’uko  mu mwaka 2035 ruzaba rufite ubukungu buciriritse ndetse n’ubukungu buhanitse muri 2050, ibi byose bikazagerwaho aruko abanyarwanda bakomeje gusigasira umusingi w’ubufatanye no kwihangira imirimo.

Guhera ku gishoro gito ntibyigeze bibakoma mu nkokora

 

TUYISHIME Olive/INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 01/06/2024 01/06/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?