Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: MININFRA yatangaje ko ingano y’amashanyarazi atakara yagabanutseho 6%
Share
Font ResizerAa
Inzira MagazineInzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

MININFRA yatangaje ko ingano y’amashanyarazi atakara yagabanutseho 6%

INZIRA EDITOR
Yanditswe 14/05/2024
Share
SHARE

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) yagaragaje ko ingano y’umuriro w’amashanyarazi atakara yagabanutseho 6%, aho umuriro watakaraga wavuye kuri 22% mu 2017 ugera kuri 16% mu 2024.

Byagarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Gicurasi 2024, ubwo hatangizwaga amahugurwa y’abakozi mu nzego za Leta n’iz’abikorera bakora mu bikorwa byo gutanga umuriro w’amashanyarazi.

Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo ushinzwe ingufu muri MININFRA, Mugiraneza Jean Bosco, yavuze ko aya mahurwa agamije kwigira hamwe kubungabunga umuriro w’amashanyarazi wangirika cyangwa se upfa ubusa.

Ati “Aya mahugurwa agambiriye guhugura abantu uburyo bwo korondereza umuriro w’amashanyarazi, ukoresha ibikoresho bitwara umuriro muke kandi bikakugeza ku musaruro umwe. Aha turavuga gukoresha za moteri zikoreshwa mu mashini, cyangwa se nka firigo, hari ikoranabuhanga rikoreshwa n’ubundi zikagera ku musaruro wari witezwe.”

Mugiraneza Jean Bosco yavuze ko hari intambwe imaze guterwa mu guhindura imyumvire mu kurondereza umuriro.

Ati “Amatara akoreshwa ubu aronderendeza umuriro ugereranyije n’andi matara yakoreshwaga mbere. Icyo turimo gukora ni ugushyiraho ibipimo ngenderwaho ku matara agomba gukoreshwa, kugira ngo moteri zikoreshwa muri mashini zirondereze umuriro.”

Mu mwaka wa 2017 umuriro utakara ku mashanyarazi wabarirwa ku gipimo cya 22%, ubu bigeze muri 16%, aho hafashwe ingamba zo gukomeza kugabanya amashanyarazi yangirikira mu miyoboro.

Mugiraneza yavuze ko kurondereza amashanyarazi bifasha mu kubungabunga ibidukikije, aho imashini zikoresha mazutu zibyara amashanyarazi zitagikoreshwa.

Ati: “Nk’ubu ziriya moteri zakoreshwaga zibyara amashanyarazi ntabwo tukizikoresha, zirahari zikaba zakwifashishwa mu gihe habayeho ikibazo ariko ubungubu ntabwo tukizikoresha.”

Minisiteri y’Ibikorwaremezo, MININFRA ihamya ko hakiri imbogamizi z’uko ibigo by’abikorera bitanga umuriro n’abakora mu nganda muri za hoteli n’ahandi bakoresha umuriro w’amashanyarazi mwishi, bitarahamya imikoranire ngo bajye bakorana igenzura harebwa umuriro wangirika.

Amasahanyarazi atakara yaragabanutse

INZIRA.RW

Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda
© Inzira 2023. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?