Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Muhanga: Hoteli ziracyari mbarwa, izihari zasabwe kunoza serivise
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ubukerarugendo

Muhanga: Hoteli ziracyari mbarwa, izihari zasabwe kunoza serivise

Nkurunziza Jean Baptiste
Yanditswe 06/03/2025
Share
RDB yahaye inyenyeri eshatu Lucerna Hotel
SHARE

Mu gihe abagenda n’abatuye mu mujyi wa Muhanga bagaragaza ubuke bw’amahoteli, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yasabye abashoye imari mu mahoteli kuba bandebereho muri serivise inoze.

Ibi byagarutsweho kuwa 4 Werurwe 2025, ubwo Guverineri Kayitesi Alice yifatanyaga n’ubuyobozi bwa Hoteli yitwa  Lucerna ya Diyosezi ya Kabgayi kwishimira inyenyeri eshatu bahawe na RDB.

Mugunga Jean Baptiste  umwe mu bazi neza umujyi wa Muhanga mu karere ka Muhanga,  avuga ko ubuke bw’amahoteli muri uyu mujyi bukiri inzitizi nubwo hari intambwe imaze guterwa.

Yagize ati “Icyo twakangurira abashoramari ni ukongera umubare w’amahoteli bakagera ku rwego rushimishije.”

Mugunga Jean Baptiste akomeza avuga ko kuba nka Hoteli Lucerna igeze kuri uru rwego rwo guhabwa Inyenyeri eshatu, bifite icyo bivuze mu Iterambere ry’igihugu no mu rwego rwo korohereza ba mukerarugendo n’abandi bagenda mu Mujyi wa Muhanga.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice Uyobora Intara y’Amajyepfo, ashimira Diyosezi ya Kabgayi ku bikorwa bizamura Imibereho myiza ndetse n’ubukungu by’abaturage, ari naho ahera asaba abakora mu rwego rw’amahoteli kurushaho kunoza serivise batanga.

Ati “Icya mbere dusaba ni ukwita kuri serivisi, kwita kuri serivisi itangwa igatangwa neza kandi yihuse bijyanye no kunoza isuku.”

Kayitesi agaragaza ko hari igihe u Rwanda rwakira  ibirori bikomeye nk’amarushanwa y’amagare abayitabiriye bagahitamo kurara mu mahoteli y’i Kigali bitewe nuko nta handi bafite, atanga umukoro ku bashoramari wo kuzamura urwego rw’amahoteli mu mujyi wa Muhanga no mu ntara y’Amajyepfo muri rusange.

Umushumba wa Disyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Ntivuguruzwa Balthazar yabuze ko ibyo bamaze kugeraho mu rwego rw’amahoteli ari urugendo batangiye kandi bazakomeza kuyubaka kugira ngo ive ku nyenyeri eshatu igere kuri enye cyangwa eshanu.

– Advertisement –

Yagize ati “Iki ni ikivi twushije ariko turakomeza kuyongerera ubwiza tunoze na serivisi duha abayigana.”

Musenyeri Ntivuguruzwa avuga kandi ko abakiliya iyo bitaweho aribo batuma Hoteli arushaho kumenyekana.

Kugeza ubu mu ntara y’amajyepfo urwego rw’amahoteli ruracyari hasi kuko uretse amahoteli abiri yo mu Karere ka Huye  muri iyi Ntara ariyo amaze guhabwa inyenyeri enye.

Guverineri Kayitesi ubwo Lucerna Hotel yishimiraga inyenyeri eshatu yabonye

INZIRA.RW

Nkurunziza Jean Baptiste 06/03/2025 06/03/2025
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?