Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Musanze:Huzuye agakiriro katwaye asaga Miliyari kitezweho guteza imbere imishinga mito n’iciriritse
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Musanze:Huzuye agakiriro katwaye asaga Miliyari kitezweho guteza imbere imishinga mito n’iciriritse

Inzira
Yanditswe 23/07/2021
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangaje ko umushinga wa Miliyari 1,1 wo kubaka agakiriro k’aka karere ugeze ku kigero cya 98%, bakaba bizeye ko mu minsi mike kazatangira gukorerwamo.

Aka gakiriro gafite ubushobozi bwo kwakira abantu 1000, ariko nk’uko ubuyobozi bw’akarere bubisobanura ngo hamaze kwiyandikisha abagera kuri 694 biganjemo urubyiruko.

Abiyandikishije gukorera muri ako gakiririro abenshi ni abafite imishinga mito n’iciriritse ijyanye n’ubugeni n’ubukorikori, bari basanzwe bakorera hirya no hino mu mujyi wa Musanze.

Rucyahanampuhwe Andrew, umuyobozi w’ako karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yavuze ko ubwo aka gakiriro kazaba katangiye kubyazwa umusaruro ubushomeri buzagabanuka, kandi byongere imirimo idashingiye ku buhinzi n’ubworozi.

Yagize ati “Kazadufasha kuzamura imishinga mito n’iciriritse yo mu Karere, kongera umubare w’abakora imirimo idashingiye ku buhinzi n’ubworozi gusa, kurengera ibidukikije no kuzamura ubukungu muri rusange.

Iki ni icyiciro cya mbere hateganyijwe n’icya kabiri kizaba gifite aho kumurikira ibikorwa byabo n’ibiro byo gukoreramo. Icyo dusaba abazahakorera ni ugukora imishinga iramba, kongera ubunyamwuga no kurushaho kongera urwego rw’amasoko n’agaciro k’ibyo baba bakoze.”

Bamwe mu baturiye aka gakiriro bavuga ko kaje gakenewe cyane, kuko iyo bakeneraga gukoresha ibikoresho bitandukanye by’ubukorikori byabasabaga kujya mu mujyi wa Musanze, ariko aka kuba kubatse mu nkengero ngo bizabavuna amaguru.

Aka Gakiriro ka Musanze kubatswe mu Murenge wa Cyuve mu Kagari ka Bukinanyana, ni mu nkengero z’Umujyi wa Musanze ariko biteganyijwe ko uyu mujyi wunganira Kigali uzahagukira.

Kubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Musanze n’Ikigo cy’Ababiligi Gishinzwe iterambere (Enabel).

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwemeza ko imirimo yo kukubaka igeze ku gipimo cya 98%, kuko imirimo isigaye ari ijyanye n’isuku no gusoza imihanda izafasha abazagakoreramo n’abakagana.

Inzira 28/07/2021 23/07/2021
Igitekerezo 1
  • Leo-B says:
    08/07/2024 at 03:38

    Very interesting details you have mentioned, regards for posting.Raise your business

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?