Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Perezida Kagame yahuye n’umuyobozi wa Banki ya Aziya y’Ishoramari mu bikorwa remezo
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ibigo by'Imari

Perezida Kagame yahuye n’umuyobozi wa Banki ya Aziya y’Ishoramari mu bikorwa remezo

INZIRA EDITOR
Yanditswe 05/09/2024
Share
Perezida Kagame yaganiriye n’umuyobozi wa Banki ya Aziya iteza imbere ishoramari mu bikorwa remezo
SHARE

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Jin Liqun, uyobora Banki ya Aziya iteza imbere ishoramari mu bikorwa remezo (Asian Infrastructure Investment Bank -AIIB).

Ni ibiganiro byahuje aba bombi kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nzeri 2024, aho bahuriye i Beijing mu Bushinwa.

Ibiro by’Umukuru w’igihugu Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame na Jin Liqun, baganiriye ku mikoranire isanzweho n’iy’ahazaza hagati y’u Rwanda n’iyi banki ya AIIB.

Nk’uko u Rwanda na AIIB basanzwe bakorana mu mishinga yo guteza imbere ikoranabuhanga, kugera kuri serivisi z’imari no kunoza urwego rw’ingufu.

Aba bahuye nyuma y’uko muri uyu mwaka Perezida Paul Kagame nabwo yari yagiranye ibiganiro na Jin Liqun, icyo gihe ibiganiro byabo byibanze ku mahirwe yo kurushaho gukorana hagati y’iyi banki n’u Rwanda. Bombi bahuriye muri Kenya aho bari bitabiriye inama yateguwe na Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB) yaberaga i Nairobi.

Muri Nyakanga 2019, nibwo u Rwanda rwabaye umunyamuryango w’iyi Banki yo muri Aziya ishinzwe guteza imbere ibikorwa remezo, icyo gihe u Rwanda rwemerejwe mu nama y’ubutegetsi ngarukamwaka ya kane y’iyo banki, yaberaga muri Luxembourg. Uwo munsi hanemejwe ibindi bihugu birimo Bénin na Djibouti.

AIIB imaze gutanga inguzanyo zirenga miliyari 8.5 z’Amadolari ku bihugu binyamuryango yo kubaka imishinga y’ibikorwa remezo 46.

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 05/09/2024 05/09/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?