Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Perezida Kagame yasabye urubyiruko kuba ibisubizo aho kubera umutwaro Igihugu
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kuba ibisubizo aho kubera umutwaro Igihugu

INZIRA EDITOR
Yanditswe 01/04/2024
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yasabye urubyiruko n’abakiri bato kubyaza umusaruro amahirwe bafite, aho kuba umutwaro ku gihugu.

Ari mu kiganiro na Radio10 na Royal FM, kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2024, nibwo ibi yabigarutseho.

Perezida Paul Kagame yavuze ko urubyiruko arirwo rwihariye umubare munini w’abaturage, ndetse urubyiruko arirwo rwagize uruhare mu kubohora iki gihugu.

Yagize ati “Nabonye mu mibare  imyaka 35 kumanura hasi,  turi 73% hafi 75% ni umubare munini, ndagira ngo mbibutse ko n’iki  gihugu kuva aho cyari cyaragiye hasi ku kaburembe, kikazamuka kikagera aho  kigeze,  cyane cyane byashingiye ku bantu  bo muri iyo myaka,  nka bya bindi twavugaga by’amateka twese twagiyemo muri izo ngamba  zitandukanye,  uruhare  runini rwari muri iyo myaka”.

Yakomeje agira ati “Uruhare rw’imyaka nk’iyo ntirukuka ruhoraho,  abo ngabo urubyiruko rwacu, iyo myaka, bajye bibonamo ibisubizo by’igihugu, aho  kugirango bahinduke  ibibazo by’igihugu. Icyo ni ikintu bakwiye kuziririkana bakacyumva  buri munsi, amahirwe yarabonetse abenshi bagiye mu mashuri bariga, abandi bari ku mirimo barakora, barikorera.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko n’abataragize amahirwe yo kwiga no kubona imirimo ari inshingano z’igihugu kubashakira uko bagezwaho amahirwe, aho bari hose nta n’umwe usigaye inyuma.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kuba ibisubizo

TUYISHIME Olive/INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 02/04/2024 01/04/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?