Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Perezida Kagame yibukije urubyiruko ko ari rwo igihugu gihanze amaso
Share
Font ResizerAa
Inzira MagazineInzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Perezida Kagame yibukije urubyiruko ko ari rwo igihugu gihanze amaso

INZIRA EDITOR
Yanditswe 04/07/2024
Share
SHARE

Mu biroro byo Kwibohora ku nshuro ya 30, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije urubyiruko ko aribo igihugu gihanze amaso mu kubaka u Rwanda rutekanye kandi rufite iterambere rirambye.

Mu ijambo rye ryo kuri uyu wa 4 Nyakanga 2024, umukuru w’igihugu yavuze ko  kugira ngo igihugu gikomeze gitera imbere urubyiruko rugomba kuba maso   mu byo rukora byose.

Ati “Ubu butumwa ndabubwira cyane cyane urubyiruko rw’iki gihugu cyacu, nibanda cyane ku bavutse mu myaka 30 cyangwa abavutse mbere yaho gato. Iki gihugu ni mwe mugomba kukirinda, mukakirwanirira, bityo kigakomeza gutera imbere. Kwibohora nyako gutangira iyo urusaku rw’imbunda rutagihari.”

 

Yakomeje agira ati “Icyo cyiciro twagitangiye mu myaka 30 kandi tubahanze amaso kugira ngo mutugeze kure. Urugamba rw’u Rwanda ni rugari kurusha kurwanira kurokoka, ahubwo ni urwo kubaho neza no gutera imbere.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko abanyarwanda   batekanye  ku rwego kurusha ibindi bihe

Yagize ati “Uyu munsi abanyarwanda bameze neza kandi barashikamye kurusha ibindi bihe byose. Dukomeje gutera intambwe igana imbere nk’uko abasirikare n’abapolisi babigaragaje imbere yacu binyuze mu karasisi.’’

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yashimangiye ko abaturage ari ishingiro ry’ibikorwa bya leta, ariyo mpamvu nta muntu n’umwe  ufite imbaraga zo kubambura agaciro.

Ati “Nta muntu, nta n’ikintu cyagira imbaraga zo kutwambura indangagaciro. Iherezo ry’urugamba rwo kwibohora ryari ukubaka igihugu, aho buri wese muri twebwe ahabwa agaciro kandi abaturage bakaba ishingiro ry’ibikorwa bya guverinoma.”

Ibirori byo Kwibohora 30 byitabiriwe n’ibihumbi  byinshi by’abanyarwanda, aho byijihirijwe ku rwego rw’igihugu  kuri Stade Amahoro.

Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko guharanira ejo heza h’igihugu

TUYISHIME Olive/INZIRA.RW

Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda
© Inzira 2023. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?