Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Rwanda: Abakozi barasaba ko umushahara usoreshwa bahereye ku bihumbi 100 Frw
Share
Font ResizerAa
Inzira MagazineInzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Rwanda: Abakozi barasaba ko umushahara usoreshwa bahereye ku bihumbi 100 Frw

INZIRA EDITOR
Yanditswe 01/05/2024
Share
SHARE

Ubuyobozi  bw’Urugaga  rw’amasendika y’abakozi mu Rwanda  CESTRAR, bwasabye leta ko imishahara  ku mirimo itanditse batangira gusoresha bahereye ku bihumbi 100 Frw.

Ubu busabe  bw’uko umusoro usoreshwa wava ku  bihumbi 60,000 Frw ukagera ku 100,000 Frw, babushingiye ku  ngano mpuzandengo y’imishahara y’abakozi mu Rwanda, gusa hibandwa ku kabora imirimo itanditse  mu rwego  rwo kurushaho kuborohereza.

Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’Amasandika y’abakozi  mu Rwanda, CESTRAR, Biraboneye Africain asobanura ko  umushahara usoreshwa uzamuwe  ukagera ku 100.000 Frw  byafasha abakora imirimo itanditse  guhangana n’ibiciro bihanitse biri ku isoko  muri iki gihe.

Ati  “Dushingiye ku ngano mpuzandengo  y’imishahara  y’abakozi mu Rwanda  by’umwihariko abakora imirimo itanditse  twongeye gusaba Leta y’u Rwanda ko  yakomeza gutekereza  uburyo haterwa indi ntambwe, umushahara usoreshwa  ukazamurwa ukava ku 60.000frw ukagera 100.000frw kugira ngo abakozi bari muri iki cyiciro babashe guhangana n’ibiciro biri ku isoko.”

Mu  itegeko no 027/2022 ryo ku wa 20/10/2022  rishyiraho imisoro ku musaruro, uyu musoro ufatirwa ku musaruro  ukomoka ku bintu  birimo umushahara ,amafaranga yishyurwa mu gihe cy’ikiruhuko, ibyishyurwa mu bw’iteganyirize  bw’izabukuru n’ibindi byishyurwa ku mpamvu za kazi kakozwe akariho  cyangwa akazakorwa.

Ingingo ya 56 y’iri  tegeko igena ko  mu  mwaka wa mbere ,nyuma yo gutangazwa mu igazeti  ya Leta  ku wa  28 ukwakira 2022,umushahara  utarengeje 60.000 frw usoreshwa  ku gipimo cya 0%,  mu gihe hagati ya 60.001frw-100.000frw  usoreshwa  20%, naho   100.001 frw   kuzamura ugasoreshwa 30%.

CESTRAR irasaba  kandi ko Leta yakwihutisha  ishyirwaho ry’umushahara fatizo (SMIG) nk’uko  biteganywa  n’itegeko rigenga umurimo mu Rwanda, ndetse ikaba yazamurwa muri rusange   mu   rwego rwo gufasha abakozi guhangana n’izamuka ry’ibiciro  ku masoko  kugira ngo barusheho koroherwa n’imibereho muri iki gihe.

CESTRAR ikomeza isaba ko   hakwiye gukemurwa ikibazo   cy’imishahara y’abanyamabanga nshigwabikorwa b’Utugari,   kuko imishahara  bahabwa  hagaragaramo ubusumbane ku bakorera mu  ntara  ndetse no mu mijyi.

Na none abakoresha babwiwe gukomeza gutera intambwe  yo kwimakaza umuco wo kwishyura abakozi  mu bigo by’imari   mu buryo bwo  kuzamura   umuco wo kwizigama  ndetse no gushishikariza abakozi gukorana n’ibigo by’imari.

CESTRAR isaba Leta n’abafatanyabikorwa bayo  bo mu rwego rw’ubucukuzi  bwa mabuye y’Agaciro ko mu rwego  rwo  kurengera ubuzima bw’abacukuzi b’ Amabuye y’Agaciro ko hagomba gushyirwaho ingamba zihamye  zigena imikorere yabo  kugira ngo  gutakaza ubuzima bwa bacukura  bugabanyuke.

Urugaga  rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda, CESTRAR  rushima uruhare abafatanyabikorwa  batandukanye  b’amashirahamwe  y’abakozi , ishirahamwe ry’abakoresha  ndetse na Leta y’u Rwanda,   intambwe bakomeje  gutera bashyize hamwe mu gukora umurimo unoze  mu rwego rwo kwihutisha iterambere  muri rusange.

CESTRAR irasaba ko umusoro usoreshwa bahereye ku bihumbi 100 Frw

TUYISHIME Olive/INZIRA.RW

Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda
© Inzira 2023. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?