Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Uwimana yaretse akazi ka Leta ajya mu buhinzi none bwamuteje imbere
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Amashusho

Uwimana yaretse akazi ka Leta ajya mu buhinzi none bwamuteje imbere

Inzira
Yanditswe 20/05/2021
Share
SHARE

Uwimana Jacqueline, umuturage wo mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kinyinya, avuga ko mu mwaka w’1990 yari umurezi mu mashuri abanza kugera 1995, ariko kubera ko yabonaga amafaranga ibihumbi mirongo itatu y’u Rwanda yahembwaga icyo gihe atari amuhagije yahisemo guhagarika kwigisha ayoboka umwuga w’ubuhinzi.

Mu kiganiro twagiranye na Uwimana yatubwiye ko yashakaga kugira imishinga itandukanye ahanga ngo yiteze imbere mu gihe yari mu burezi ariko ntibimukindire kuko yabaga afite amafaranga make. Avuga ko nyuma yo gushaka umugabo mu mujyi wa Kigali yaje guhagarika uku kwigisha maze atangira gucuruza ibintu bitanduknye ibyo yita (Taka taka) y’inkweto n’ibindi… Nyuma ngo yakomeje kubona ko ubwo bucuruzi na bwo butamugeza ku ntego ye, maze mu mwaka w’1998,nyuma y’aho umugabo we amaze gupfa, atangira guhinga inyanya ndetse n’ibigori mu gishanga cya Kagugu.

Kuri ubu Uwimana avuga ko amaze kwiteza imbere biturutse kuri ubu buhinzi dore ko ngo abasha kwikemurira ibibazo we n’abana bane, birimo kwishyurira amashuri abana no gukemura ibindi bibazo bijya biza mu muryango. Avuga ko ibanga yakoresheje ari ukubyuka kare kandi agakora atikoresheje, dore ko ngo yabyukaga mu rukerera saa kumi akajya guhinga maze agataha saa moya z’ijoro.

Mu buhamya bwe kandi hari aho avuga ko hari igihe yajyaga ahura n’abarara irondo ry’umwuga, mu gihe yazindutse cyane maze bakamubuza kujya guhinga mu gishanga ngo kuko bari bafite impungenge ko harimo imbwa zamurya kubera ko yashakaga kujyayo saa munani z’ijoro.

Inzira 20/05/2021 20/05/2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?