Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Hari gutegurwa politiki izajya iha ibyangombwa abubaka inzu zigeretse gusa
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ibikorwa Remezoubukungu

Hari gutegurwa politiki izajya iha ibyangombwa abubaka inzu zigeretse gusa

Marianne
Yanditswe 22/01/2025
Share
Abubaka inzu zijya hejuru nibo bazajya bahabwa ibyangombwa
SHARE

Mu gihe hakunze kumvikana ko ubutaka bwo guhinga bugenda bugabanuka bitewe nuko henshi hari kubakwa, abubaka inzu zitageretse hari kwigwa uko batahabwa ibyangombwa.

Ibi byatangajwe na Minisiteri y’Ibikorwaremezo yavuze ko hari gutegurwa politiki yo kunoza imiturire, iteganya ko ibyangombwa byo kubaka bizajya bihabwa abagiye kubaka inzu zigeretse ndetse n’izituramo imiryango myinshi.

Ni gahunda igamije kubungabunga ubutaka bugenda biba buke kandi abaturage bakomeza kwiyongera umunsi ku wundi.

Mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu nkengero zawo cyane cyane mu mijyi yunganira Kigali, umunsi ku wundi hagenda hazamurwa inzu ziri mu ngeri zinyuranye, izo guturamo n’iz’ubucuruzi.

Imiturire iri mu bigenda bigabanya ubutaka bwo guhinga n’ubuteyeho amashyamba, ibiteye impungenge abaturage bibaza uko bizajyenda mu minsi iri imbere.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yavuze ko iki kibazo kizakemurwa na politiki nshya y’imiturire iri kunozwa.

Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Olivier Kabera, yavuze ko bimwe mu biyikubiyemo ari uko mu gihe yaba yemejwe, ibyangombwa byo kubaka byazajya bihabwa gusa abagiye kubaka inzu zigeretse.

Mu rwego rwo kunoza imikoreshereze y’ubutaka, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka cyashyizeho igishushanyo mbonera cy’igihugu cy’imikoreshereze y’ubutaka.

Ni cyo izindi nzego nk’Umujyi wa Kigali n’uturere ziheraho zishyiraho ibishushanyo mbonera byihariye by’imiturire biteganya ubwoko bw’inyubako bwagenewe buri hantu.

Abahanga mu by’imiturire igezweho n’ubwiyongere bw’abaturage bacyenera aho kuba, ibyo kurya n’ibindi bikorwaremezo nk’amazi, amashanyarazi, imihanda, amashuri n’amavuriro.

Basanga byazaba igisubizo kirambye kuko abantu benshi baba batuye ku buso buto, ubusigaye bukifashishwa mu guhinga ibitunga abo baturage biyongera nyamara ubutaka batuyeho butiyongera.

Ku rundi ruhande bagasanga abanyarwanda bakwiye guhagarika kwizirika kuri gakondo, bakayoboka umuco wo gutura mu nzu imwe ari benshi ibizwi nka apartment, kuko aricyo gisubizo cyoroshye cyo gushakira abaturage amacumbi kandi aciriritse.

Gusa abubaka amacumbi nabo ngo bakwiye no gutekereza ku macumbi ajyanye n’amikoro ya buri muturage, kuko izo henshi zubakwa byitwa ko ziciriritse ugasanga abashobora kuzigondera ni mbarwa.

Urugero ni Umushinga wa Mpazi witezweho gutuza benshi heza i Kigali

INZIRA.RW

Marianne 22/01/2025 22/01/2025
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?