Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Indabo u Rwanda rwohereza mu Bwongereza zakuriweho umusoro
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Made In Rwanda

Indabo u Rwanda rwohereza mu Bwongereza zakuriweho umusoro

INZIRA EDITOR
Yanditswe 12/04/2024
Share
SHARE

U Bwongereza bwakuriyeho umusoro wa 8% wishyuzwaga ku ndabo ziturutse mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Ni icyemezo cyatangwajwe na Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa 11 Mata 2024, mu rwego rwo korohereza abahinzi b’indabo bazohereza muri iki gihugu nk’uko Guverinoma y’u Bwongereza yabitangaje.

Bati “Gukuraho umusoro wa 8% ku ndabo zikatwa bireba abari hirya no hino ku Isi ariko bizafasha cyane abazihinga cyane muri Kenya, Ethiopia, u Rwanda, Tanzania na Uganda. Ni icyemezo kigira agaciro guhera kuri uyu wa 11 Mata 2024 kugeza ku wa 30 Kamena 2026.”

Guverinoma y’u Bwongereza yagaragaje ko itazigera ica umusoro indabo zituruka muri ibi bihugu, niyo byaba ngombwa ko zibanza kunyuzwa mu bindi bihugu mbere yo kugera i Londres.

Komiseri w’u Bwongereza ushinzwe ubucuruzi muri Afurika, John Humphrey, yavuze ko iki cyemezo ari umusaruro w’umubano mwiza igihugu cyabo gifitanye n’ibyo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ati “Umubano w’u Bwongereza na Afurika y’Iburasirazua ushinze imizi ku bucuruzi butubyarira inyungu twese. Iki cyemezo kizatuma ubucuruzi bw’indabo buzamuka. Tugera kure iyo tugendanye.”

Guverinoma y’u Bwongereza igaragaza ko indabo u Rwanda rwohereje i Londres mu 2023 zari zifite agaciro k’amapawundi ibihumbi 727 (miliyari 1,1 Frw). Ethiopia ni cyo gihugu cyoherejeyo nyinshi, zifite agaciro ka miliyoni 12,6 z’amapawundi.

Indabo u Rwanda rwohereza mu Bwongereza zakuriweho umusoro

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 13/04/2024 12/04/2024
Igitekerezo 1
  • Extended Opportunity says:
    13/04/2024 at 13:52

    ChatGPT powered Autoresponder with Free SMTP at Unbeatable 1-Time Price! https://ext-opp.com/NewsMailer

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?