Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Izamuka ry’ibiciro ku isoko ryageze kuri 4.9% mu mezi abiri ya 2024
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Izamuka ry’ibiciro ku isoko ryageze kuri 4.9% mu mezi abiri ya 2024

INZIRA EDITOR
Yanditswe 21/03/2024
Share
SHARE

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR yagaragaje mu mezi abiri ya mbere y’umwaka wa 2024 ihindagurika ry’ibiciro ku masoko riri ku gipimo cya 4,9%, nyuma yaho rigeze hafi no kuri 50% mu bihe byatambutse.

Ibi byagaragajwe kuri uyu wa 21 Werurwe 2024, ubwo Banki Nkuru y’Igihugu yagaragazaga uko politike y’ifaranga n’ibijyanye n’imari bihagaze mu Rwanda.

BNR yavuze ko ihindagurika ry’ibiciro ku isoko ryagabanutse ku gipimo cya 6,4% mu Kuboza 2023 bivuye kuri 20,7% byariho muri Mutarama uwo mwaka.

Ihindagurika ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko ryigeze kugera ku gipimo kiri hejuru ya 50%, aho byitezwe ko uyu mwaka ritazarenga igipimo cya 5%.

BNR yagaragaje uko politike y’ifaranga n’ibijyanye n’imari bihagaze

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwari buhagaze neza mu mwaka wa 2023 kuko imibare yerekana ko nk’umusaruro mbumbe wabwo wageze ku gipimo cya 8.2% nyamara intego yari 6.2%.

John Rwangombwa yanavuze ko mu mwaka wa 2023, ikigero cy’izamuka ry’ibiciro ku rwego rw’Isi cyari ku ijanisha rya 6.8%. Muri uyu mwaka wa 2024 byitezwe ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro uzaba uri kuri 5.8%, mu gihe mu mwaka utaha wa 2025 uzagera kuri 4.4%.

Icyuho kiri hagati y’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyazamutseho 10.2% mu mwaka ushize, ibyatumijweyo byazamutseho 6.9% mu gihe ibyoherejweyo byo byiyongereyeho 1.7%.

Ku rundi ruhande ihindagurika ry’ibihe, intambara zikomeje kuba hirya no hino ku Isi zishobora guhungabanya ubukungu bw’Isi muri rusange bwari bwazamutseho 3.1% mu mwaka ushize.

Ihindagurika ry’ibiciro ku isoko ryaragabanutse

 

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 21/03/2024 21/03/2024
Igitekerezo 1
  • Nyiranzitabakuze Marianne says:
    21/03/2024 at 16:16

    Ni byiza cyane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?