Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Nyaruguru:Abagore bahize gukuba kabiri Miliyoni 2,3 Frw binjizaga mu buhinzi bw’imboga
Share
Aa
Inzira MagazineInzira Magazine
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • Ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Nyaruguru:Abagore bahize gukuba kabiri Miliyoni 2,3 Frw binjizaga mu buhinzi bw’imboga

Inzira Yanditswe 15/07/2021
Share
SHARE

Abagore120 bibumbiye muri Koperative « Duhingire isoko » biyemeje gukuba kabiri amafaranga Miliyoni 2,3 binjije nk’inyungu bakuye mu buhinzi bwabo mu mwaka ushize.

Abo bagore ni abo mu kagari ka Uwamusebeya mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru.Uyu muhigo bawuhize nyuma yo gushyikirizwa impano y’imashini ebyiri zuhira imyaka, bahawe n’akarere kabo.

Claudette Muhimpundu, Umuyobozi w’iyo Koperative yatangaje ko izi mashini zuhira zigiye kubafasha guhinga no mu gihe cy’impeshyi, ibi bikazabafasha gukuba kabiri umusaruro wabo, ibyo bikajyana n’amafaranga y’inyungu babona.

Yagize ati “Umwaka ushize twabonye inyungu ya Miliyoni 2,3 Frw.Ku mboga n’imbuto dusanzwe duhinga noneho twari twarengejeho no guhinga ibirayi.

Izi mashini zuhira twahawe twiteguye kuzibyaza umusaruro tugahinga no mu gihe cy’impeshyi,ibyo rero bizadufasha gukuba kabiri umusaruro kandi ibyo bizajyana n’amafaranga dukura mu musaruro.”

Ibi kandi byashimangiwe na Elvanie Niyigena, umunyamuryango w’iyo Koperative, ati “Iyo mpano twahawe izatugirira akamaro cyane, irashimangira uburyo Leta yacu idushyigikiye kandi natwe ntabwo tuzayitenguha, tugiye guharanira gukuba kabiri umusaruro dukoresheje izo mashini baduhaye.”

Izi mashini Akarere ka Nyaruguru kashyikirije aba bagore zifite agaciro k’amafaranga hafi Miliyoni 1 y’u Rwanda.

Koperative Duhingire isoko ikorera ubuhinzi mu gishanga gihana imbibe n’u Burundi, ku buso bwa hegitari hafi eshatu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru Gashema Janvier, yavuze ko izi mashini zahawe aba bahinzi mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro, asaba abagize iyo koperative kuzibyaza umusaruro.

Ati “Muzibyaze umusaruro, mwongere umusaruro w’ubuhinzi ubundi mutere intambwe igana imbere musezere icyiciro cy’abakene.

Gahunda y’Akarere kacu ni ugutera ingabo mu bitugu abahinzi banini ndetse n’abaciriritse kugira ngo bongere umusaruro w’ubuhinzi, bahinge no mu gihe cy’izuba ni byo bizatuma ibiciro ku isoko bidatumbagira.”

Mu ruzinduko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yari aherutse kugirira muri uwo murenge wa Ruheru, aba bagore bari bamugaragarije ko kutagira imashini zuhira bibangamira ubuhinzi bwabo, abemerera ko Leta izabafasha kuzibona, none igisubizo gihise kiboneka mu gihe gito.

Izi mashini zombi zaguzwe amafaranga hafi Miliyoni 1 y’amanyarwanda

You Might Also Like

Ni iyihe nyungu u Rwanda rukuye mu kwakira inama ya CHOGM?

Urubyiruko rwahangana rute n’ibibazo birwugarije mu rugamba rw’iterambere?

Kigali: Abagore 25 bahawe moto zizabafasha kwiteza imbere

Ikawa y’u Rwanda ikomeje kunyobwa n’abatari bake i Mahanga

Equity Bank Rwanda mu nzira zo korohereza impunzi kubona serivisi z’imari

Inzira 15/07/2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Cyamunara

Cyamunara y’umutungo utimukanwa uherereye Nyaruguru/Munini
Cyamunara y’inzu iri Bugesera/Rilima
Cyamunara y’inzu ituwemo iherereye Nyanza/Busasamana
Cyamunara y’ubutaka buherereye Burera/Cyanika
Cyamunara y’inzu ya etage iherereye Gasabo/Kimironko

Amatangazo

Cyamunara y’umutungo utimukanwa uherereye Nyaruguru/Munini
Cyamunara y’inzu iri Bugesera/Rilima
Cyamunara y’inzu ituwemo iherereye Nyanza/Busasamana
Cyamunara y’ubutaka buherereye Burera/Cyanika
Cyamunara y’inzu ya etage iherereye Gasabo/Kimironko

Izindi wasoma

ubukungu

Ni iyihe nyungu u Rwanda rukuye mu kwakira inama ya CHOGM?

29/06/2022
ubukungu

Urubyiruko rwahangana rute n’ibibazo birwugarije mu rugamba rw’iterambere?

21/06/2022
ubukunguUncategorized

Kigali: Abagore 25 bahawe moto zizabafasha kwiteza imbere

04/06/2022
ubukunguUncategorized

Ikawa y’u Rwanda ikomeje kunyobwa n’abatari bake i Mahanga

03/06/2022

Contact

Marketing : 0788 64 62 94
Editor : 0788 64 62 94
Management : 0788 64 62 94
Emails : info@inzira.rw

Service Dutanga

  • Kwamamaza
  • Gukora ibitabu
  • Website development

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?