Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Perezida Kagame yasabye urubyiruko kugabanya guteta bagakora
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kugabanya guteta bagakora

INZIRA EDITOR
Yanditswe 07/05/2024
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye urubyiruko kureka guteta cyane, bakita cyane kugutekereza uko bazahangana n’ibibazo by’ejo hazaza.

Ibi yabigarutseho mu butumwa yahaye abagera ku 7,500 babarizwa mu Rubyiruko rw’Abakorerabushake bahuriye muri BK Arena kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Gicurasi 2024, hizihizwa imyaka 10 ibikorwa byarwo bitangijwe.

Iri huriro ry’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ryahawe insanganyamatsiko igira iti ‘Dukomere ku murage wacu’.

Perezida Kagame yashimye ubwitange bw’Urubyiruko rw’Abakorerabushake, ndetse ko izina bafite rifite igisobanuro gikomeye.

Ati “Ni ibintu bibiri, bahoze bavuga abakorana ubushake, buriya ni ugukorera ubushake, ariko ni byombi. Hari ugukorera ubushake ariko ukorana n’ubushake.”

Umukuru w’Igihugu yibukije urubyiruko ko rudakwiye guteta cyane, ahubwo bakwiye kwita cyane ku gutegura guhangana n’ibibazo by’ejo hazaza.

Yagize ati “Imyaka yanyu y’ubuto ntimuzayipfushe ubusa. Ntimuzatete cyane, guteta ni byiza ariko nabyo bigira igihe cyabyo. Ukagira igihe cyo guteta ariko ukagira igihe cyo kwitonda kugirango witegure guhangana n’ibizaza ejo.”

Yifashishije urugero rw’uko na we yabaye muto, anyura mu bihe nk’ibyo urubyiruko ruri kunyuramo ku buryo narwo rufite ubushobozi bwo kugera ku nzozi zarwo. Yabibukije ko rukwiye kugira umuco wo kwikorera, rukiteza imbere rugamije no guteza imbere abandi n’Igihugu muri rusange.

Ati “Iyo twuzuzanya rero, iyo dushyira imbaraga zacu hamwe tuba duteza Igihugu imbere, tuba twiteza imbere.”

Perezida Kagame yashimangiye ko urubyiruko rufite imbaraga n’ubushobozi bwo gukora rukiteza imbere kandi rugateza imbere n’Igihugu, bityo ari aharwo ho kugira amahitamo meza.

Ati “Urubyiruko nkamwe, imbaraga mufite, ubushake mufite, mugomba kwigeza kuri byinshi, mukageza Igihugu kuri byinshi ndetse n’ababyeyi banyu n’imiryango yanyu, ibyo mukora mugakora mubatekereza, mutekereza igihugu. Abawe kandi ndavuga bitarobanura, abawe ni ukuvuga abari mu gihugu bose.”

Perezida Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere rugashaka icyo rwakora aho gutekereza ko Leta ari yo izarufasha.

Ati “Ntimuzabe abantu bategereza ko hari ibintu leta igomba kubagezaho. Leta ifite inshingano ariko leta ni nde se ko ari mwe! Igihe mutayifashije, mutayishyigikiye, mutakoranye na yo ntabyo izageraho.”

“Urubyiruko nkamwe, iki ni igihe cyanyu. Igisigaye ni uguhinduka tukabarera. Urubyiruko nkamwe, imbaraga n’ubushake mufite mugomba kwigeza kuri byinshi. Mugomba gukorana mukageza Igihugu, ababyeyi n’imiryango yanyu, ibyo mukora mugakora mubatekereza.’’

Mu 2013, ni bwo hatangijwe Urubyiruko rw’Abakorerabushake hagamijwe ko rugira uruhare mu kubaka ibikorwaremezo, kubakira abatishoboye, gukumira no kurwanya ibyaha n’ibindi. Mu Gihugu hose hari Urubyiruko rw’Abakorerabushake rusaga miliyoni 1,9.

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 07/05/2024 07/05/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?