Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Perezida Kagame yibukije abantu ivumbi ryabaga mu muhanda Kigali-Butare
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Perezida Kagame yibukije abantu ivumbi ryabaga mu muhanda Kigali-Butare

INZIRA EDITOR
Yanditswe 01/04/2024
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagaragaje ko ubwo yajyaga aza mu Rwanda bakiba mu buhungiro mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibikorwa remezo byari biciriritse ku buryo yavaga i Kigali akagera Butare (Huye) ivumbi ari ryose.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye yagiranye na Radio10 na Royal Fm kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Mata 2024.

Agaruka ku kibatsi cyo guharanira ko u Rwanda rubohorwa, Perezida Kagame yanakomoje ku ukuntu yajyaga aza mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ubwo umuryango we wari uri mu buhunzi mu gihugu cya Uganda.

Aha niho yagarutse ukuntu yaje mu Rwanda inshuro zigera kuri eshatu mu 1977 no 1978, ndetse azi neza umujyi nka Nyamirambo. Yongeraho ko kuva Kigali ujya Butare umuhanda wari ivumbi.

Yagize ati “Ni uyu muhanda uva hano za Gitarama, Nyanza na Butare, wari utarajyamo kaburimbo.”

Ikiraro cyo kuri Ruliba (Nyabarongo) cyari gikoze?

Yasubije agira ati “Imodoka yageragaho kikavuga nk’amabati, ndabyibuka! Twajya tuva hano nkagera Butare ivumbi mu mutwe usa na kaburimbo.”
Kubohora u Rwanda,

Umukuru w’Igihugu, yavuze ko amafoto ya kera agaragaza impinduka u Rwanda rwagezeho.

Ati “Ujye ureba n’amafoto ubwayo, ay’u Rwanda mu 1994, urebe n’u Rwanda rw’ubu, amafoto arakwereka. Iyo ikintu ukibona n’amaso kiba kivugira. Iyo ubonye uko igihugu cyari kimeze, abapfaga, abicwaga…. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nta buzima bwari mu gihugu, inyubako nke zari zihari zari zashyizwe hasi ariko ubu biragenda neza.”

Yakomeje agira ati “Abantu barabanye, nta wugenda ku muhanda ngo umuntu amubaze ngo so ni nde, ufite ubuhe bwoko?’’

Perezida Paul Kagame yibukije abantu ivumbi ryabaga mu muhanda Kigali-Butare

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 01/04/2024 01/04/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?