Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Perezida Kagame yijeje ikorwa vuba ry’umuhanda Muhanga-Karongi
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Perezida Kagame yijeje ikorwa vuba ry’umuhanda Muhanga-Karongi

INZIRA EDITOR
Yanditswe 01/07/2024
Share
SHARE

Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame ubwo yiyamamarizaga mu karere ka Karongi yagarutse ku itinda ry’ikorwa ry’umuhanda Karongi-Muhanga, ashimangira ko ugomba gukorwa kandi vuba kuko ikibazo cyawo cyakabaye cyaracyemutse.

Ibi yabigarutseho kuri iki cyumweru tariki 30 Kamena 2024, ari mu karere ka Karongi mu bikorwa byo kwimamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Aha ni naho yasabye abatuye uturere twa Rutsiro na Karongi gukomeza kubyaza umusaruro ikiyaga cya Kivu baturiye, kugira ngo babone amafaranga, ari naho yijeje abaturage ko gukora umuhanda Karongi-Muhanga-Kigali bigiye kwihutishwa kugira ngo woroshye urujya n’uruza, ndetse unafashe mu bikorwa by’ubukerarugendo.

Abanya Karongi na Rutsiro barimo n’abikorera bagaragaza iterambere bamaze kugeraho muri aka gace biturutse ku bikorwaremezo byubatswe muri aka gace kari karaheze mu bwigunge, ari naho bahera bavuga ko nta kizatuma badatora Paul Kagame.

Muri ibi bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR, imitwe ya politiki 8 nayo yiyemeje gufatanya na FPR kwamamaza umukandida Paul Kagame.

Uyu mukandida avuga ko uturere twa Rutsiro na Karongi dufite amahirwe akomeye kubera imiterere yihariye yatwo bityo ko hakwiye kubyazwa umusaruro.

Yagarutse ku kibazo cy’umuhanda Karongi-Muhanga-Kigali utarabasha gukorwa ngo urangire, aho yasezeranije ko ikorwa ryawo rigiye kwihutishwa.

Ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida wa FPR mu Ntara y’Iburengerazuba byasorejwe mu Karere ka Karongi aho bigiye gukomereza mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba, Amajyaruguru n’Umujyi wa Kigali.

Umuhanda Karongi-Muhanga umaze igihe warangiritse

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 01/07/2024 01/07/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?