Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) cyatangiye gukora inyigo yo gusana umuhanda uhiza Kigali n’Intara y’Amajyepfo wangijwe n’imvura ikomeje kugwa ari nyinshi.
Imvura yaguye ari nyinshi ku Cyumweru tariki ya 28 Mata 2024, niyo yangije umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara y’Amajyepfo ahazwi nko mu Nkoto mu Karere ka Kamonyi.
Nyuma y’uko uyu muhanda mukuru wangijwe n’iyi mvura iri kugwa ari nyinshi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Mata 2024 , Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) cyatangiye gukora inyigo yo gutangiza ibikorwa byo gusana uyu muhanda.
Ibi biri gukorwa mu gihe ibice bimwe na bimwe by’igihugu bigenda bigaragaramo imvura igwa ari nyinshi mu mpera z’uku kwezi kwa Mata ndetse ikangiza ibikorwaremezo bitandukanye birimo imihanda.
Kuri uyu muhanda Kigali-Muhanga, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi RTDA, cyatangaje ko hagiye gushakwa uburyo bwo kubona inzira yo kuba yifashishwa n’abakoresha uyu muhanda, mu gihe uyu muhanda utarakorwa mu buryo burambye, ndetse babone nuko bakora uyu muhanda ndetse n’ubuhahirane bukomeze bukorwe.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu mpera za Mata ndetse n’intangiriro za Gicurasi hazagwa imvura nyinshi mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu, ndetse gisaba abantu batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka.
TUYISHIME Olive/INZIRA.RW