Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Rwanda: Mu kigega cy’Igihugu cy’ibiribwa cy’ingoboka harimo ibiribwa mbarwa
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
ubukungu

Rwanda: Mu kigega cy’Igihugu cy’ibiribwa cy’ingoboka harimo ibiribwa mbarwa

INZIRA EDITOR
Yanditswe 06/05/2024
Share
SHARE

Inzego zifite mu nshingano ikigega cy’igihugu cy’ibiribwa cy’ingoboka zagaragaje ko muri iki kigega cyigoboka abanyarwanda mu gihe cy’inzara harimo ibiribwa bidahagije kubera ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

Ibi byagarutsweho ubwo, Komisisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, PAC yakiraga Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kugira ngo itange ibisobanuro ku bibazo bitandukanye byagaragaye muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta.

Ni ibibazo ahanini bishingiye ku mitangire y’amasoko atanoze ndetse no kuba mu kigega cy’igihugu cy’ibiribwa cy’ingoboka harimo ibiribwa bike biri munsi ya 30% by’ibiribwa byose byakabaye birimo.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Kamana Olivier yasobanuriye PAC ko kuba ibiribwa biri muri iki kigega biri munsi 30% by’ibiribwa byakabaye bihunitswe muri iki kigega.

Yavuze ko icyorezo cya Covid 19 cyakomye mu nkokora ububiko bw’iki kigega cy’ibiribwa cy’ingoka, gusa ngo hari ingamba zo kongera ingano y’ibiribwa bibikwa muri iki kigega.

Komisisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, PAC yasabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gukosora amakosa yagaragaye cyane ashingiye ku mitangire y’amasoko.

By’umwihariko hakihutishwa gahunda yo kongera gushaka ibiribwa bihunikwa muri iki kigega, cyane ko aribyo bigoboka abanyarwanda mu bihe bidasanzwe.

Gusa mu gihe cya Covid-19, ubwo abanyarwanda hafi ya bose batashoboraga gukora abantu bahuye n’ikibazo cy’ubuke bw’ibiribwa kuko batemererwaga kuva mu ngo (Lockdown), aha niho bimwe mu biribwa byari bihunitse muri iki kigega byagobotse bamwe.

Ibiribwa biri mu kigega cy’igihugu cy’ibiribwa cy’ingoboka ni bike

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 06/05/2024 06/05/2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?