Ad imageAd image
Ad imageAd image
Inzira Magazine
Ad imageAd image
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Reading: Umujyi wa Kigali uri kuvuguta umuti ku bagowe no gutura i Kigali
Share
Aa
Inzira Magazine
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Search
  • Ahabanza
  • ubukungu
  • Ibigo by’Imari
  • Ubuziranenge
  • Made In Rwanda
  • Rwiyemezamirimo
  • Ubukerarugendo
  • Ikoranabuhanga
Have an existing account? Sign In
Dukurikire
Ibikorwa Remezoubukungu

Umujyi wa Kigali uri kuvuguta umuti ku bagowe no gutura i Kigali

INZIRA EDITOR
Yanditswe 26/08/2024
Share
Abanyarwanda bazungukira mu ishoramari rishya
SHARE

Umujyi wa Kigali biciye mu muvugizi wawo, Emma Claudine Ntirenganya, watangaje ko hari ingamba zihari zo korohereza cyane cyane ab’amikoro make kuwuturamo kuko benshi mu bawutuye bakomeje kwisunika bajya mu nkengero za Kigali.

Ibi bigarutsweho mu gihe benshi mu bawutuye bakomeje kugaragaza ko bagowe no gutura mu Mujyi wa Kigali, ndetse igiciro cy’ubukode gihanitse ku buryo abinjiza amafaranga make bagowe no kwigondera inzu yo kubamo baba bakodesha cyangwa ari iyabo.

Ari mu kiganiro Waramutse Rwanda kuri RBA kuri uyu wa Mbere, tariki ya 26 Kanama 2024, Emma Claudine Ntirenganya yavuze ko hari ingamba zo gufata ingamba.

Emma Cklaudine Ntirenganya yavuze ko Umujyi wa Kigali wifuza ko abawuvamo bajya mu nkengero zawo bagabanuka, ndetse bashaka ko abantu baguma gutura mu mujyi.

Yagize ati “Turashaka ko abantu baguma muri Kigali ku bushobozi bafite uko bwaba bungana kose. Ni nabyo byatumye hatangira imishinga itandukanye yo kubafasha kubaka mu buryo bashoboye ariko no kububakira inzu bashobora kugura n’izo bashobora gushyirwamo.”

Yagaragaje ko imwe mu mishinga iri mu igerageza ni nka Green City Project, ahazashyirwa inzu ziciriritse kimwe n’indi iri gutegurwa izorohereza abaturage kubona amacumbi mu Mujyi wa Kigali.

Emma Claudine Ntirenganya kandi agaragaza ko ibi bigomba kugendana no kureba ko ubuzima i Kigali bushoboka harimo kuba umuturage yashobora kwigondera serivisi zihatangirwa.

Ati “Abaturage bawubamo bagomba kuba bafite ubuzima navuga ko bushoboka, budahenze cyane. Ni nacyo cyatekerejweho mbere.”

Yakomeje avuga ko hanashyizwe imbere gutunganya Umujyi wa Kigali ku buryo abawubamo n’abawugenda bahumeka umwuka mwiza bakabona n’aho kwidagadurira no kuruhukira byose bigendana no kubungabunga ibidukikije.

Ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire ryo mu 2022 riagaragaza ko abagera ku abasaga ibihumbi 180 bavuye mu Mujyi wa Kigali berekeza mu zindi ntara.

Hari gahunda yo korohereza abantu gutura mu Mujyi wa Kigali

INZIRA.RW

INZIRA EDITOR 26/08/2024 26/08/2024
Igitekerezo 1
  • Arsest says:
    27/08/2024 at 08:26

    Muri macye se ubwo yasubije ko ibisubizo bari gushaka ari ibihe kdi bizaboneka bitarenze ryari??

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

ABO TURIBO

Turi Inzira.rw ikinyanyamakuru gikorera kuri murandasi, kibanda gusa ku makuru avugwa mu ubukungu bw’u Rwanda.

IBYO DUKORA

  • Advertising
  • Video & audio production
  • Photography
  • Web & App Development
  • Digital marketing
  • Graphic design

TWANDIKIRE

  • [email protected]
  • [email protected]
  • 0788 64 62 94
  • Kigali, Rwanda

© Inzira 2023. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?